ADVERTISEMENT
  • AHABANZA
  • Home
Sunday, June 15, 2025
  • Login
Iwacu Times Magazine
  • Home
  • News
  • About Religion
  • Entertainment & Culture
  • Innovation
  • Country News
  • Video
No Result
View All Result
  • Home
  • News
  • About Religion
  • Entertainment & Culture
  • Innovation
  • Country News
  • Video
No Result
View All Result
Iwacu Times Magazine
No Result
View All Result

Poland:Mu mudiho unogeye ijisho itorero ICYEZA berekanye aho u Rwanda ruhagaze mu muco”

Kagame FAHADI by Kagame FAHADI
May 21, 2023
1
4
VIEWS
Ballet ICYEZA ribarizwa mugihugu cya Poland

Ballet Icyeza ni itorero ryashinzwe n’abana b’abanyarwanda batuye mu gihugu cya Poland bishyize hamwe kubw’impamvu nyinshi ariko aho twazikubira muri ebyiri z’ingenzi: gusigasira umuco nyarwanda mu mahanga (culture transmission). Kwamamaza U Rwanda mu burayi (Branding Rwanda). Biciye mu mbyino, ari nabyo bari mugitaramo cy’Umuco muri kaminuza ya Vistula (Vistula University) Imwe muzikomeye muri Poland.

Mugikorwa kiswe “Global Fest 2023; The WHOLE WORLD IN ONE PLACE” Aho ibihugu byinshi byo kwisi byari byateraniye mu rwego rwo kwizihiza no kwerekana umuco wubahiriza ibihugu byabo U Rwanda nk’igihugu gifite umuco ukomeye nkuko byemezwa na UNESCO ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku gusigasira umuco, rwahagarariwe na Ballet Icyeza, ribyinamo abana ba banyarwanda batuye mu gihugu cya Polonye mu murwa mukuru wa Warsaw.

Mu buhanga buhambaye ibyino n’imidiho inogeye ijisho, Ballet ICYEZA yerekanye ko ari itorero ry’abasore n’inkumi banyotewe no kwerekana urukundo bakunda igihugu cyabo bagikundisha n’abandi, ibi bigaragazwa n’uburyo bari bishimiwe n’abitabiriye iri serukiramuco. Umwe mubitariye iki gikorwa yagize ati: “Nimwe bantu bazamuye amarangamutima yange maranye iminsi agahinda gakabije ariko kubera imbyino zanyu rwose ndumva umutima wange uruhutse murakoze cyaneeeee”.

Mu mbyino zitandukanye itorero Icyeza, ryatanze ubutumwa buherekejwe n’imbyino zasusurukije abari bitabiriye ibi birori ndetse barizihirwa cyane, mubandi bitabiriye ibi birori baturutse ku migabane itandukanye harimo ibihugu nka Zimbabwe, ubushimwa, Taiwan, Ubuhinde, Azerbaijan, Iraq…

Tugarutse ku itorero icyeza ryavutse vuba aha ariko rikaba rimaze kuba ubukombe , Nta myaka myinshi ishize abanyarwanda benshi batangiye kuyoboka igihugu cya Pologne nk’inzira ishoboka mubijyanye n’amashuri ndetse n’imibereho, nyuma hashinzwe RCA Poland (Rwanda Community Abroad) yiyubakamo inzego z’ubuyobozi guhera ku rwego rw’umudugudu, Akarere ndetse no ku rwego rw’Igihugu muri izo nzego rero umuco by’umwihariko urahagararirwa, gahoro gahoro uko abanyarwanda bagendaga bihuza barahuraga bagatarama mu mazu yabo ndetse na amahuriro mato mato, Ambassade aho iziye itangira gushyigikira impano ndetse no guhanga udushya bityo iri itorero riboneraho gufata umurongo n’izina, nyuma nibwo bake mu bagize itorero bihuje bariha umurongo; izina, gahunda y’ibikorwa ndetse biyemeza gutangira urugendo rwo kwiyubakamo ubushobozi binyuze mu kwigira,mu kunoza gahunda zabo no kubaka uburambe (sustainability) bwa Ballet Icyeza. 

Mu butumwa bw’ uwari uhagaririye Kaminuza ya Vistula yagize ati; “ Intego yacu ni ugukomeza Guhuriza hamwe isi biciye mu mico ya buri gihugu, aho buri gihugu kizana umuco wacyo tukawizihiza ndetse tukamenya biruseho icyo igihugu gifite bishingiye mu muco cyangwa imbyino, ibi bihugu byose mwabonye bihuriye ku kintu kimwe kandi gikomeye “IBYISHIMO” iki ni kintu gikomeye kandi buro muntu aba akwiriye guharanira iyo wishimye ubasha kwiga ugafata iyo wishimye ubasha gutekereza ejo hazaza.”

Inkuru yanditswe na Joseph Caleb UWAGABA

Previous Post

Polonye habaye umuhango wo Kwibuka ku inshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi: Kwibuka ntabwo ari umunsi nk’indi ni umwanya ukomeye twibuka amateka yacu.

Next Post

Amb. Kamanzi presents letters of credence to Serbian President

Related Posts

Umugoroba wo Kwibuka “Night Vigil” Held in Warsaw
Culture

Umugoroba wo Kwibuka “Night Vigil” Held in Warsaw

by Rebe N. Immaculee
May 15, 2025
Two Rwandans Graduate from Royal Military Academy Sandhurst in the UK
ENG-S

Two Rwandans Graduate from Royal Military Academy Sandhurst in the UK

by Rebe N. Immaculee
April 18, 2025
Country News

Ambassador Shyaka at Kwibuka31: Honoring the Past, Defending Rwanda’s Right to Shape Its Future

by KURAMA Pius
April 9, 2025
Rwanda Community in Sweden to Celebrate International Women’s Day in Stockholm
Culture

Rwanda Community in Sweden to Celebrate International Women’s Day in Stockholm

by Rebe N. Immaculee
March 7, 2025
Heartbreak and Unity: Rwandan Diaspora Unites to Seek Justice After the Tragic Deaths of Nicole and Erixon
ENG-S

Heartbreak and Unity: Rwandan Diaspora Unites to Seek Justice After the Tragic Deaths of Nicole and Erixon

by Rebe N. Immaculee
November 15, 2024
Next Post
Amb. Kamanzi presents letters of credence to Serbian President

Amb. Kamanzi presents letters of credence to Serbian President

Comments 1

  1. Emmanuel says:
    2 years ago

    Very nice bana biwacu

    Reply

Leave a Reply to Emmanuel Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Posts

James na Daniella bakomereje urugendo rwabo muri Poland

James na Daniella bakomereje urugendo rwabo muri Poland

July 31, 2023
A Rwandan Diaspora Returns Home to Build a Legacy in Football and Community Development

A Rwandan Diaspora Returns Home to Build a Legacy in Football and Community Development

September 22, 2024
HomepageKIN

Umuganura 2022: Ibyaranze igitaramo cyo kwizihiza umuganura muri Suede

November 20, 2022

Browse by Category

  • About Religion
  • Ahabanza
  • Country News
  • Culture
  • ENG-S
  • Imyidagaduro
  • Innovation
  • Inovasiyo
  • Iyobokamana
  • KIN-S
  • Mu gihugu
  • News
  • Umuco
  • Video

© 2024 IWACU TIMES - Developed by Elite Devs.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In
No Result
View All Result
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Iyobokamana
  • Umuco
  • Imyidagaduro
  • Inovasiyo
  • Mu gihugu

© 2024 IWACU TIMES - Developed by Elite Devs.