ADVERTISEMENT
  • AHABANZA
  • Home
Saturday, June 14, 2025
  • Login
Iwacu Times Magazine
  • Home
  • News
  • About Religion
  • Entertainment & Culture
  • Innovation
  • Country News
  • Video
No Result
View All Result
  • Home
  • News
  • About Religion
  • Entertainment & Culture
  • Innovation
  • Country News
  • Video
No Result
View All Result
Iwacu Times Magazine
No Result
View All Result

USA: SITE Z’ITORA ZARONGEREWE MU KOROHEREZA ABANYARWANDA KUZATORA NEZA

Kagame FAHADI by Kagame FAHADI
August 1, 2024
0
1
VIEWS

Perezida w’Abanyarwanda batuye muri Amerika, Yehoyada Mbangukira, yavuze ko icya mbere bakoze bafatanyije na Ambasade y’u Rwanda iri i Washington D.C, ari uguhitamo site z’itora mu korohereza Abanyarwanda gutora.
Yagize ati “Kuba twaregerejwe site z’itora bizadufasha cyane kuko ntituzagira umuntu uvuga ko yashatse gutora akabura uko atora kuko site ziri kure. Ubwo twatoraga Itegeko Nshinga dufite abantu bakoze urugendo rw’amasaha 10 bajya gutora.”
Yakomeje avuga ko Amerika ari igihugu kinini aho nko kuva muri California ya ruguru ujya mu y’Epfo bigusaba gukora urugendo rw’amasaha umunani mu modoka”

Yehoyada Mbangukira avuga ko n’ahatari site z’itora nko muri Nevada byoroshye kuko bashobora gutwara amasaha atari menshi berekeza aho ziri nka California cyangwa ahandi babona habegereye bitewe n’aho umuntu atuye.
Muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika hazaba hari site z’itora 17 zashyizwe ahantu hatandukanye ku buryo bizorohera buri wese gutora bitewe n’aho atuye atabanje gukora ingendo ndende.

Lea Uwimana, Umunyamabanga Mukuru w’Ishyirahamwe ry’Abanyarwanda batuye muri Leta ya Washington, yavuze ko Abanyarwanda bategerezanyije amatsiko amatora.
Ati “Abanyarwanda urabona bategerezanyije amatsiko gutora, bari gusangira amakuru atangwa ajyanye n’amatora, turi kubiganira ku mbuga nka Whatsapp. Ikindi twagiranye ikiganiro n’ubuyobozi bwa Ambasade turushaho gusobanukirwa.”

Tariki 2 Kamena Ambasaderi w’u Rwanda muri Amerika, Mathilde Mukantabana, yagiranye ikiganiro n’Abanyarwanda baba muri Amerika baganira ku myiteguro y’amatora ndetse n’uburyo bwo kwiyandikisha ndetse no kwiyimura kuri site z’itora.
Muri iyi nama bamwe bagaragaje imbogamizi zirimo ko hari abadafite indangamuntu ariko bakaba bafite ibyangombwa bigaragaza ko ari Abanyarwanda kandi bakaba bifuza gutora.

Ambasaderi Mathilde MUkantabana yavuze ko ikarita ihabwa umu-diaspora izwi nka “consular card” nayo izakoreshwa.

Leonard Kwitonda uyobora ihuriro ry’Abanyarwanda batuye muri Leta ya Indiana n’ibice bituranye nayo, yavuze ku kuba Abanyarwanda badafite indangamuntu baroroherejwe bakazatora bifashishije ikarita ihabwa abadiaspora “Consulard card.”

Ati “Baradufashije abadafite amarangamuntu baraborohereza bakoresha consular card, ikindi dufite abakorerabushake biteguye kandi twanateguye aho tuzatorera.”
Cathy Rwivanga uhagarariye Abanyarwanda batuye Washington D.C., Maryland na Virginia asanga amatora ari umwanya ukomeye ku Banyarwanda batuye mu mahanga.

Ati: “Uyu ni undi mwanya wo kugira uruhare mu bikorwa by’igihugu aho ijwi ryacu nk’Abanyarwanda rihabwa agaciro.”

Madamu Cathy yagaragaje ko Abanyarwanda batuye mu mahanga bohereje mu Rwanda miliyoni zirenga 400 z’amadolari mu mwaka wa 2022-2023 avuga ko bishimiye uburyo u Rwanda ruyobowe.

Yehoyada Mbangukira avuga ko byoroshye kumvisha urubyiruko ko bagomba kwitabira ibikorwa by’igihugu kuko no mu mashuri bigamo u Rwanda rwamamaye.
Muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika habarirwa amatsinda y’Abanyarwanda agera kuri 29 ndetse afite ubuyobozi.

 

 

Previous Post

Rwanda Launches Online Apostille Services on Irembo, Streamlining Foreign Document Use

Next Post

KUKI U RWANDA RUFATWA NKA SINGAPORE YO MURI AFURIKA?

Related Posts

Umugoroba wo Kwibuka “Night Vigil” Held in Warsaw
Culture

Umugoroba wo Kwibuka “Night Vigil” Held in Warsaw

by Rebe N. Immaculee
May 15, 2025
Two Rwandans Graduate from Royal Military Academy Sandhurst in the UK
ENG-S

Two Rwandans Graduate from Royal Military Academy Sandhurst in the UK

by Rebe N. Immaculee
April 18, 2025
Country News

Ambassador Shyaka at Kwibuka31: Honoring the Past, Defending Rwanda’s Right to Shape Its Future

by KURAMA Pius
April 9, 2025
Suède: Ibihugu 11 byifatanyije n’Ishyirahamwe ry’Abagore b’Abanyarwanda kwizihiza Umunsi w’Umugore
Ahabanza

Suède: Ibihugu 11 byifatanyije n’Ishyirahamwe ry’Abagore b’Abanyarwanda kwizihiza Umunsi w’Umugore

by Kagame FAHADI
March 11, 2025
Rwanda Community in Sweden to Celebrate International Women’s Day in Stockholm
Culture

Rwanda Community in Sweden to Celebrate International Women’s Day in Stockholm

by Rebe N. Immaculee
March 7, 2025
Next Post
KUKI U RWANDA RUFATWA NKA SINGAPORE YO MURI AFURIKA?

KUKI U RWANDA RUFATWA NKA SINGAPORE YO MURI AFURIKA?

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Posts

Polonye: Mu masaha macye abanyamuryango ba RPF INKOTANYI barizihiza isabukuru yimyaka 35

Polonye: Mu masaha macye abanyamuryango ba RPF INKOTANYI barizihiza isabukuru yimyaka 35

January 20, 2023
Rwanda in Warsaw took part in a major annual event organized by SHOM International Charity Bazaar 2022

SHOM INTERNATIONAL CHARITY BAZAAR IN WARSAW: DIPLOMATIC EXPO UNDER THE PATRONAGE OF THE POLISH FIRST LADY

August 6, 2024
UMUHANZI KIVUMBI KING AGIYE KONGERA GUTARAMIRA ABANYARWANDA BATUYE MURI POLONYE

UMUHANZI KIVUMBI KING AGIYE KONGERA GUTARAMIRA ABANYARWANDA BATUYE MURI POLONYE

August 6, 2024

Browse by Category

  • About Religion
  • Ahabanza
  • Country News
  • Culture
  • ENG-S
  • Imyidagaduro
  • Innovation
  • Inovasiyo
  • Iyobokamana
  • KIN-S
  • Mu gihugu
  • News
  • Umuco
  • Video

© 2024 IWACU TIMES - Developed by Elite Devs.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In
No Result
View All Result
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Iyobokamana
  • Umuco
  • Imyidagaduro
  • Inovasiyo
  • Mu gihugu

© 2024 IWACU TIMES - Developed by Elite Devs.