ADVERTISEMENT
  • AHABANZA
  • Home
Saturday, June 14, 2025
  • Login
Iwacu Times Magazine
  • Home
  • News
  • About Religion
  • Entertainment & Culture
  • Innovation
  • Country News
  • Video
No Result
View All Result
  • Home
  • News
  • About Religion
  • Entertainment & Culture
  • Innovation
  • Country News
  • Video
No Result
View All Result
Iwacu Times Magazine
No Result
View All Result

Polonye: Umunsi w’intwari, “Umuntu iyo afite ikintu cy’agaciro ntabwo acyandarika aho abonye!”  H.E Prof. Amb. SHYAKA Anastase

Kagame FAHADI by Kagame FAHADI
February 5, 2023
0
8
VIEWS

Ubuyobozi bwa Ambasade n’Abanyarwanda batuye mu gihugu cya Polonye bahuriye mu mugi wa Poznań uherere mu burengerazuba bwo hagati muri Poland, umujyi uzwi nk’isoko y’ubukirisito bwa abanya- Polonye. Ahasaga mu kinyejana cya 9 bizwi ko umwami wariho icyo gihe Mieszko wa I ariho yabatirijwe kuwa 14 Mata 996, abahanga bavuga ko ariho havumburiwe umutagi ukunzwe na benshi ku isi na mutagatifu Martin waje no kumwitirirwa (Saint Martin croisant), mu mwaka wa 2008 washyizwe mu biribwa bikwiriye kurindwa n’umuryango w’ubumwe bw’u Burayi.

N’umujyi kandi utuwemo n’Abanyarwanda basaga 400 biganjemo urubyiruko ruri mu mirimo itandukanye ndetse babifatanya no kwiga, amasomo ya siyansi, ubumenyingiro, icungamutungo, ubuganga ikoranabuhanga n’ibindi byinshi, mu mudiho w’imbyino gakondo itorero ICYEZA ryasusurukije abitabiriye uyu munsi udasanzwe mugutangiza uyu munsi ngarukamwaka.

Itorero Icyeza
Itorero Icyeza

Kuri uyu munsi w’intwari Nyakubahwa Amb. Prof. SHYAKA Anastase yagize ati: “Abanyarwanda dufite agaciro n’uwagakandagira ntiyabishobora nuwagahirika ntibyamushobokera; “umuntu iyo afite ikintu cy’agaciro ntabwo acyandarika aho abonye” mu kwiriye kubizirikana kandi mukabiharanira ibi kubigeraho byasabye ikiguzi aho twicaye aha tugomba kubizirikana twange amacakubiri tuzirikana ko ubumwe bwacu aribwo budasa bwacu”.

Amb. Prof. SHYAKA Anastase

Nyakubahwa Amb. Kandi yagarutse ku byiciro by’intwari z’ U Rwanda byose uko ari bitatu, Imanzi, Imena, Ingenzi yagize ati; “Ibi byiciro byose bifite agaciro gakomeye yikije kandi ku cyiciro cy’Imena kigaragaramo abanyeshuli b’i Nyange bari bato nkamwe baharanira ubumwe no kwanga amacakubiri byabaviriyemo kubura ubuzima rero ibi bikwiriye kuba mu mitima yanyu nk’abakiri bato. Ubutwari ni indangagaciro ikomeye mu mateka no mu muco by’u Rwanda. Ubutwari ni bwo bwahanze u Rwanda, ni bwo bwarwaguye ni bwo bwakuye u Rwanda mu bihe by’amage rwanyuzemo, ubutwari ni bwo bwateje imbere u Rwanda kuva kera kugeza ubu.”

Feza Beatrice umwe mubari batanze ikiganiro

Feza Beatrice, umwe mubanyeshuri wiga icungamutungo yagarutse ku ndangagaciro Ati: “Indangagaciro harimo nko kwubaha Imana, gukunda igihugu, kwubaha abandi, ibi bituma ushobora kubaho ugakora ibikorwa byakuganisha kuba intwari n’ibikorwa by’indashyikirwa ariko muri ibyo byose dukwiriye gukuramo ikintu kingenzi ibyo intwari zose zagezeho cyangwa zakoze babikoze ntacyo bategereje nk’inyungu babikoze batitaye niba hari ubareba cyangwa ubitayeho babikoreye mu mutima n’indangagaciro zo gukunda igihugu. Indangagaciro tuzigire umuco nikintu cyo kugenderaho twubaha impanuro zabakuru, aho turi hose kuko dufite uburyo n’amahirwe byuko dufite benewacu hano turi.”

Pacifique WIBABARA, umwe mubatanze ikiganiro

Pacifique WIBABARA, uhagarariye urubyiruko n’umuco yibanze cyane ku gushimira intwari z’U Rwanda Umunsi w’intwari 1 Gashyantare ni umunsi uba mu mitima yacu n’umunsi kandi utwibutsa icyo intwari zadukoreye zaduhaye umurongo ngenderwaho, abo twizihiza uyu munsi barabiharaniye baduhaye iwacu baduha igihugu ndetse na gakondo dukwiriye kubashimira ariko kandi tukibuka ko tubagomba kuzirikana no kwusa ikivi batangiye duharanira kubahesha ishema, dushyigikirana, dukundana kandi byose tukabigira ibyacu. Ati; “Dukwiriye kumenya amateka y’Intwari z’Igihugu no kwigira ku bikorwa by’ikirenga zakoze, ibi tuzabigeraho twimakaza gukunda umuco wacu, igihugu n’ururimi rwacu no guharanira kugiteza imbere kikagira ishema mu ruhando rw’amahanga.

Bwana Allan NYOMBAYIRE, uhagarariye abanyarwanda muri Polonye

Bwana Allan NYOMBAYIRE, uhagarariye abanyarwanda, yagarutse kucyo urubyiruko ndetse n’abanyarwanda muri rusange bakora mugushimangira indangagaciro z’umuco w’u Rwanda yagize Ati: “Dukwiriye kuzirikana ko; Kwirinda kugambanira Igihugu, Kwirinda kwifatanya n’abasebya u Rwanda, Kugaragaza isura nziza y’u Rwanda no kwitwara neza mubo tubana nabo hano mu mahanga ari inshingano n’agaciro kacu.” Niba ababyeyi bacu tubagomba icyubahiro, urukundo no kubitaho ubwo mwumva igihugu tukigomba iki?, Ku kigambanira ni ukugambanira umugongo uhetse abanyarwanda bose aho bari, kirazira gutema ishami ry’igiti uryicayeho. Intwari zacu zaduhaye umukoro urugero Umwami Mutara wa III Rudahigwa aho yagize Ati; “U Rwanda si urwange ni urwabanyanda nijye wabo nabo bakaba bene Imana.” ibi rero bitwereka agaciro yahaga igihugu ababyeyi bacu barumuna bacu babamo.

Bwana Eric Nshimiyimana rwiyemezamirimo mubijyanye n’uburezi

Bwana Eric Nshimiyimana rwiyemezamirimo mubijyanye n’uburezi ,mu byukuri dufite amahitamo abiri gusa irya mbere ni ukuba intwari irya kabiri ni ukuba intwari ibi bivuze ko amahitamo yacu nk’abakiri bato dukwiriye kuba intwari duharanira gusigasiga ibyagezweho dushaka ubumenyi buganisha ku iterambere ry’igihugu tugishakire ubushobozi. tuzirikane gukunda umurimo, no kwiha intego kandi twabigeraho. 

bwana Eng. Arma NGARAMBE

Kandi yunganiwe nabarimo uhagarariye umuryango RPF INKOTANYI bwana Eng. Arma NGARAMBE wibanze cyane kubikorwa abanyarwanda bagezeho mugihe gito bamaze batuye muri uyu mujyi. Uyu munsi dufite itorero ryacu Icyeza kandi mwaribonye uburyo ribyina, muzi umunyabugezi Birasa Art ndetse na Aimable, aba nibamwe mubari hano kandi bakora byinshi ngo bateze imbere ururimi, umuco n’igihugu cyacu. Twese hamwe dukwiriye gukora cyane mu nyungu zaburi munyarwanda.

Dr. Claver NUMVIYIMANA, umushakashatsi mubyubuhinzi.

Dr. Claver NUMVIYIMANA, umushakashatsi mubyubuhinzi, mu kiganiro yagejeje kubitabiriye uyu munsi ati: “Icyerekezo 2050 gikubiyemo byinshi mu ngingo zikigize harimo ingingo enye zitureba. 1. Iterambere mu bushobozi n’imibereho myiza by’abaturage, 2. Ubushobozi bwo kurushanwa mu ruhando mpuzamahanga no kwishyira hamwe n’ibindi bihugu, 3. Ubuhinzi bubyara ubukire, 4. Iterambere ry’imijyi n’imiturire igezweho, nkuko mubibona 

nk’Abanyarwanda baba mu mahanga dukwiriye gukomera ku butwari dushakira u Rwanda imbuto n’amaboko mu kugera kuri izi ntego u Rwanda rwahisemo dushyigikira gahunda za reta tukabikora mu rukundo, rw’igihugu cyacu.

Abakobwa beza bakoze protocol neza cyane.

Umwanditsi: Joseph UWAGABA Caleb

Chief Editor : Rebe Birere Immmacule

Previous Post

Byinshi k’umubano w’u Rwanda na Polonye: Ikiganiro cyihariye na Ambasaderi Prof SHYAKA Anastase

Next Post

POLONYE BATI “BUTINZE GUCYA EJO TUKAJYA GUSHORA IMARI MU RWANDA”

Related Posts

Umugoroba wo Kwibuka “Night Vigil” Held in Warsaw
Culture

Umugoroba wo Kwibuka “Night Vigil” Held in Warsaw

by Rebe N. Immaculee
May 15, 2025
Two Rwandans Graduate from Royal Military Academy Sandhurst in the UK
ENG-S

Two Rwandans Graduate from Royal Military Academy Sandhurst in the UK

by Rebe N. Immaculee
April 18, 2025
Country News

Ambassador Shyaka at Kwibuka31: Honoring the Past, Defending Rwanda’s Right to Shape Its Future

by KURAMA Pius
April 9, 2025
Rwanda Community in Sweden to Celebrate International Women’s Day in Stockholm
Culture

Rwanda Community in Sweden to Celebrate International Women’s Day in Stockholm

by Rebe N. Immaculee
March 7, 2025
Heartbreak and Unity: Rwandan Diaspora Unites to Seek Justice After the Tragic Deaths of Nicole and Erixon
ENG-S

Heartbreak and Unity: Rwandan Diaspora Unites to Seek Justice After the Tragic Deaths of Nicole and Erixon

by Rebe N. Immaculee
November 15, 2024
Next Post
POLONYE BATI “BUTINZE GUCYA EJO TUKAJYA GUSHORA IMARI MU RWANDA”

POLONYE BATI “BUTINZE GUCYA EJO TUKAJYA GUSHORA IMARI MU RWANDA”

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Posts

IRCAD Africa – Rwanda: Transforming Healthcare Horizons in Kigali – A Journey from Inauguration to Pioneering Surgical Advancements

IRCAD Africa – Rwanda: Transforming Healthcare Horizons in Kigali – A Journey from Inauguration to Pioneering Surgical Advancements

January 17, 2024
Kudahuza kw’abashyingiranywe byongewe mu mpamvu zo gusaba gatanya: Impinduka mu itegeko rishya rigenga umuryango

Kudahuza kw’abashyingiranywe byongewe mu mpamvu zo gusaba gatanya: Impinduka mu itegeko rishya rigenga umuryango

August 7, 2024
Ethiopia: Abanyarwanda bizihije Umunsi wo Kwibohora ku nshuro ya 30

Ethiopia: Abanyarwanda bizihije Umunsi wo Kwibohora ku nshuro ya 30

August 6, 2024

Browse by Category

  • About Religion
  • Ahabanza
  • Country News
  • Culture
  • ENG-S
  • Imyidagaduro
  • Innovation
  • Inovasiyo
  • Iyobokamana
  • KIN-S
  • Mu gihugu
  • News
  • Umuco
  • Video

© 2024 IWACU TIMES - Developed by Elite Devs.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In
No Result
View All Result
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Iyobokamana
  • Umuco
  • Imyidagaduro
  • Inovasiyo
  • Mu gihugu

© 2024 IWACU TIMES - Developed by Elite Devs.