ADVERTISEMENT
  • AHABANZA
  • Home
Saturday, June 14, 2025
  • Login
Iwacu Times Magazine
  • Home
  • News
  • About Religion
  • Entertainment & Culture
  • Innovation
  • Country News
  • Video
No Result
View All Result
  • Home
  • News
  • About Religion
  • Entertainment & Culture
  • Innovation
  • Country News
  • Video
No Result
View All Result
Iwacu Times Magazine
No Result
View All Result

“NUBWO DUTUYE MUMAHANGA , U RWANDA TWARARUZANYE” : IKIGANIRO NA BENITHA MUMPOREZE, UMWE MU RUBYIRUKO RW’U RWANDA RUTUYE MURI POLONYE

Rebe N. Immaculee by Rebe N. Immaculee
August 1, 2024
0
13
VIEWS

Umuryango w’abyarwanda batuye muri Polonye ugizwe ahanini n’abanyeshuri ndetse n’abandi bari mu mirimo itandukanye, harimo kandi n’abakorera imiryango mpuzamahanga.
Ugereranyije n’izindi kominote (communities) z’abanyarwanda mu bihugu bindi by’Uburayi, uyu muryango usa nk’aho ari mushya ariko kandi uri gukura cyane  ndetse ukaba wiganjemo urubyiruko.

RCA- POLAND

Iwacu Times twaganiriye n’umwe mu rubyuko rutuye muri Polonye atubwira byinshi k’umuryango w’abanyarwanda batuye muri iki gihugu, uko biteguye amatora y’umukuru w’igihugu ndetse n’uburyo bakwiye guhangana n’abashaka gusebya igihugu cyacu.
Benitha yatangiye atubwira ko mu bintu byambere biranga abanyarwanda batuye muri Polonye harimo urukundo, ubumwe n’ubufatanye.

MUMPOREZE Benitha – RCA POLAND

Ati: “Umunyarwanda uramubona ukamwibwira, murahura mwembi mukitegerezanya mukamenyane mutaranavugana, mu gihe abandi muhura akarebe ku ruhande, ukabona ntashaka no ku kureba.”
Benitha kandi yashimangiye ko n’abanyeshuri bagenzi be baturuka mubindi bihugu bahora bamubaza ku mibanire itanganje iranga umuryango w’abanyarwanda batuye muri Polonye.

Avuga k’uruhare rwa Ambasade mu mibanire myiza y’abanyarwanda batuye muri iki gihugu, Benitha yagaragaje ko ibikorwa bibahuza bitegurwa na Ambasade aribyo ahanini bigira uruhare mu kumenyana kwabo ndetse no gukomeza kuvomera ya sano ibahuza.

Benitha twamubajije k’uko yiteguye amatora y’umukuru w’ighugu cyacu dufite muri uyu mwaka, n’akanyamuneza n’ibitwenge byinshi yavuze ko yumva mu kwa karindwi ari kera.
Ati: “Tuzi amateka y’igihugu cyacu kuva muri jenoside yakorewe abatutsi muri 1994, iterambere tugezeho uyu munsi uwo tubikesha turamuzi, uwo muntu ni nde utamutora koko?”.

Tumubaza ku guhangana n’abavuga nabi igihugu cyacyu, cyane cyane abatuye hanze y’u Rwanda, Benitha yatanze ubutumwa k’urubyiruko avuga ko niba hari uwicara akarebera abavuga nabi igihugu cyacu agaceceka kandi azi neza aho twavuye n’ibyo tumaze kubaka, uwo nawe ubunyarwanda bwe burakemangwa.

Yakanguriye urubyiruko rugenzi rwe ndetse n’abanyarwanda batuye hanze y’u Rwanda muri rusange kubigira inshingano zabo, gusigasira ibyo igihugu cyacu cyagezeho bashyiraho itafari ryabo mu guhangana n’abakomeza gusebya u Rwanda ku mbuga nkoranyambaga bitwaje ko baba mu mahanga. Abasaba kutabiharira abayobozi babo gusa, ahubwo ko bose bakwiye guhaguruka bagahangana n’abashaka gusiga isura mbi igihugu cyacu.

https://www.youtube.com/watch?v=8u3blH1Vl-s
Previous Post

I KIGALI HATANGIJWE IKIGO CY’UBUVUZI CYITA KU BANTU BAFITE INDWARA N’IBINDI BIBAZO BYO MU MUTWE, ‘’KIGALI REFERRAL MENTAL HEALTH CENTRE’’

Next Post

WEF24: The UNDP’s Timbuktoo Initiative is set to establish its headquarters in Kigali

Related Posts

Suède: Ibihugu 11 byifatanyije n’Ishyirahamwe ry’Abagore b’Abanyarwanda kwizihiza Umunsi w’Umugore
Ahabanza

Suède: Ibihugu 11 byifatanyije n’Ishyirahamwe ry’Abagore b’Abanyarwanda kwizihiza Umunsi w’Umugore

by Kagame FAHADI
March 11, 2025
ENG-S

Rwandan Diaspora Embraces New Banking Opportunities with Equity Bank

by Rebe N. Immaculee
October 9, 2024
TWUBAKE U RWANDA TWIFUZA: URUHARE RWA DIASPORA MU GUSHYIGIKIRA GAHUNDA YA NST2
Ahabanza

TWUBAKE U RWANDA TWIFUZA: URUHARE RWA DIASPORA MU GUSHYIGIKIRA GAHUNDA YA NST2

by Rebe N. Immaculee
September 24, 2024
TWIBUKIRANYE BIMWE MU BIKORWA BYA DIASPORA NYARWANDA BITAZIBAGIRANA MU MITWE Y’ABANTU
Ahabanza

TWIBUKIRANYE BIMWE MU BIKORWA BYA DIASPORA NYARWANDA BITAZIBAGIRANA MU MITWE Y’ABANTU

by Rebe N. Immaculee
September 20, 2024
Serugo Jacques na Gentil Misigaro mu ndirimbo yuzuye ubuhanga yitwa “ NTARUBANZA”
Ahabanza

Serugo Jacques na Gentil Misigaro mu ndirimbo yuzuye ubuhanga yitwa “ NTARUBANZA”

by Rebe N. Immaculee
September 29, 2024
Next Post
WEF24: The UNDP’s Timbuktoo Initiative is set to establish its headquarters in Kigali

WEF24: The UNDP's Timbuktoo Initiative is set to establish its headquarters in Kigali

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Posts

Why Some Job Ads Are Fake and How to Spot Them

Why Some Job Ads Are Fake and How to Spot Them

September 22, 2024
James na Daniella bakomereje urugendo rwabo muri Poland

James na Daniella bakomereje urugendo rwabo muri Poland

July 31, 2023
Abanyarwanda bitwaye gute muri ibi bihe bidasanzwe b’umwuzure muri Polonye

Abanyarwanda bitwaye gute muri ibi bihe bidasanzwe b’umwuzure muri Polonye

September 16, 2024

Browse by Category

  • About Religion
  • Ahabanza
  • Country News
  • Culture
  • ENG-S
  • Imyidagaduro
  • Innovation
  • Inovasiyo
  • Iyobokamana
  • KIN-S
  • Mu gihugu
  • News
  • Umuco
  • Video

© 2024 IWACU TIMES - Developed by Elite Devs.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In
No Result
View All Result
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Iyobokamana
  • Umuco
  • Imyidagaduro
  • Inovasiyo
  • Mu gihugu

© 2024 IWACU TIMES - Developed by Elite Devs.