ADVERTISEMENT
  • AHABANZA
  • Home
Saturday, June 14, 2025
  • Login
Iwacu Times Magazine
  • Home
  • News
  • About Religion
  • Entertainment & Culture
  • Innovation
  • Country News
  • Video
No Result
View All Result
  • Home
  • News
  • About Religion
  • Entertainment & Culture
  • Innovation
  • Country News
  • Video
No Result
View All Result
Iwacu Times Magazine
No Result
View All Result

KWIBOHORA30: Abanyarwanda baba muri Mozambique bizihije umunsi wo Kwibohora, bashima ubutwari bw’Inkotanyi

Kagame FAHADI by Kagame FAHADI
July 29, 2024
0
6
VIEWS

 

Abanyarwanda baba muri Mozambique n’inshuti z’u Rwanda bizihije imyaka 30 ishize u Rwanda rubohowe, bashima ubutwari bwaranze Inkotanyi zahagaritse Jenoside yakorewe Abatutsi zikabasha kubaka igihugu cyari cyarasenyutse.

Ibi birori byabaye ku wa 5 Nyakanga 2024. Byitabiriwe n’abahagarariye ibihugu n’imiryango mpunzamahanga ndetse n’Abanyarwanda baba muri Mozambique barenga 250.
Minisitiri wungirije muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane mpuzamahanga muri Mozambique, Manuel José Gonçalves, yavuze ko ibihe byaranze u Rwanda mbere yo kwibohora byari bikomeye ku buzima bw’ikiremwamuntu, mu buryo butazibagirana.

 

Ati “Ubu u Rwanda ni urwibutso n’ikimenyetso cyo gukiza no kubungabunga ubuzima bw’ikiremwamuntu ku Isi, bikaba bigaragazwa n’ubwitabire bwinshi bw’abahagarariye imiryango n’ibihugu byabo muri uyu muhango”.
Uwo muyobozi kandi yavuze ku mateka y’imibanire y’u Rwanda na Mozambique, anashimira uburyo u Rwanda rurimo gufatanya n’Ingabo z’icyo Gihugu guhashya umutwe w’ibyihebe mu Ntara ya Cabo Delgado.
Ambasaderi w’u Rwanda muri Mozambique, Donat Ndamage, yavuze ku rugendo n’agaciro ko kwibohora ndetse n’ibyo u Rwanda rumaze kugeraho mu mibereho, ubukungu ndetse na Politiki.
Yashimiye Ubuyobozi bwiza burangajwe imbere na Perezida Paul Kagame, n’Abanyarwanda baharaniye bakitangira kubohora u Rwanda.

Yagaragaje kandi ko u Rwanda rutekanye ndetse rukaba rugira n’uruhare mu kubungabunga umutekano no kugarura amahoro mu bindi bihugu birimo Mozambique na Centrafrique.
Yashimiye urugero rw’imibanire myiza u Rwanda na Mozambique bigezeho.
Ibirori byaranzwe n’imbyino z’Itorero Ikirezi ry’Urubyiruko rw’u Rwanda, ndetse n’irya Mozambique ‘Associação cultural Bonga Mbilo’, herekanywe kandi n’amashusho agaragaza amateka n’urugamba rwo kwibohora.

 

Previous Post

Ethiopia: Abanyarwanda bizihije Umunsi wo Kwibohora ku nshuro ya 30

Next Post

Morocco: Abanyarwanda bazatora bwa mbere barahamagarira bagenzi babo kwitabira amatora

Related Posts

Suède: Ibihugu 11 byifatanyije n’Ishyirahamwe ry’Abagore b’Abanyarwanda kwizihiza Umunsi w’Umugore
Ahabanza

Suède: Ibihugu 11 byifatanyije n’Ishyirahamwe ry’Abagore b’Abanyarwanda kwizihiza Umunsi w’Umugore

by Kagame FAHADI
March 11, 2025
TWUBAKE U RWANDA TWIFUZA: URUHARE RWA DIASPORA MU GUSHYIGIKIRA GAHUNDA YA NST2
Ahabanza

TWUBAKE U RWANDA TWIFUZA: URUHARE RWA DIASPORA MU GUSHYIGIKIRA GAHUNDA YA NST2

by Rebe N. Immaculee
September 24, 2024
TWIBUKIRANYE BIMWE MU BIKORWA BYA DIASPORA NYARWANDA BITAZIBAGIRANA MU MITWE Y’ABANTU
Ahabanza

TWIBUKIRANYE BIMWE MU BIKORWA BYA DIASPORA NYARWANDA BITAZIBAGIRANA MU MITWE Y’ABANTU

by Rebe N. Immaculee
September 20, 2024
Serugo Jacques na Gentil Misigaro mu ndirimbo yuzuye ubuhanga yitwa “ NTARUBANZA”
Ahabanza

Serugo Jacques na Gentil Misigaro mu ndirimbo yuzuye ubuhanga yitwa “ NTARUBANZA”

by Rebe N. Immaculee
September 29, 2024
Ubudage bwatangiye gushyira mu bikorwa igenzura ku mipaka yose y’ubutaka
Ahabanza

Ubudage bwatangiye gushyira mu bikorwa igenzura ku mipaka yose y’ubutaka

by Rebe N. Immaculee
September 17, 2024
Next Post
Morocco: Abanyarwanda bazatora bwa mbere barahamagarira bagenzi babo kwitabira amatora

Morocco: Abanyarwanda bazatora bwa mbere barahamagarira bagenzi babo kwitabira amatora

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Posts

UMUSHYIKIRANO2024: NUTINYA GUFATA UMWANZURO WO GUKORA IBYO USHINZWE NGO URATINYA GUKORA AMAKOSA IYO SI IMPAMVU.

DAY 2: UMUSHYIKIRANO 2024: “We need to stop the culture of procrastination”,

August 6, 2024
ITORERO ICYEZA brings together Rwandans and their friends in a cultural gathering in Warsaw.

ITORERO ICYEZA brings together Rwandans and their friends in a cultural gathering in Warsaw.

July 24, 2024
I KIGALI HATANGIJWE IKIGO CY’UBUVUZI CYITA KU BANTU BAFITE INDWARA N’IBINDI BIBAZO BYO MU MUTWE, ‘’KIGALI REFERRAL MENTAL HEALTH CENTRE’’

I KIGALI HATANGIJWE IKIGO CY’UBUVUZI CYITA KU BANTU BAFITE INDWARA N’IBINDI BIBAZO BYO MU MUTWE, ‘’KIGALI REFERRAL MENTAL HEALTH CENTRE’’

August 6, 2024

Browse by Category

  • About Religion
  • Ahabanza
  • Country News
  • Culture
  • ENG-S
  • Imyidagaduro
  • Innovation
  • Inovasiyo
  • Iyobokamana
  • KIN-S
  • Mu gihugu
  • News
  • Umuco
  • Video

© 2024 IWACU TIMES - Developed by Elite Devs.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In
No Result
View All Result
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Iyobokamana
  • Umuco
  • Imyidagaduro
  • Inovasiyo
  • Mu gihugu

© 2024 IWACU TIMES - Developed by Elite Devs.