ADVERTISEMENT
  • AHABANZA
  • Home
Saturday, June 14, 2025
  • Login
Iwacu Times Magazine
  • Home
  • News
  • About Religion
  • Entertainment & Culture
  • Innovation
  • Country News
  • Video
No Result
View All Result
  • Home
  • News
  • About Religion
  • Entertainment & Culture
  • Innovation
  • Country News
  • Video
No Result
View All Result
Iwacu Times Magazine
No Result
View All Result

Kudahuza kw’abashyingiranywe byongewe mu mpamvu zo gusaba gatanya: Impinduka mu itegeko rishya rigenga umuryango

Rebe N. Immaculee by Rebe N. Immaculee
August 7, 2024
0
493
VIEWS

Iri tegeko ryahurije hamwe itegeko rigenga abantu n’umuryango n’irigenga imicungire y’umutungo w’abashyingiranwe, impano ndetse n’izungura.

Mu byatumye iri tegeko rivugururwa harimo no kuba gatanya zariyongeye cyane mu myaka itanu ishize, kuko nko mu 2018, imiryango yemerewe gatanya binyuze mu nkiko yari 1311.

Mu 2019, imiryango 8941 yemerewe n’inkiko gutandukana nk’uko byatangajwe muri raporo y’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibarurishamibare (NISR) mu gihe mu 2020 inkiko zakiriye ibirego 3213. Naho mu mwaka 2021/2022, imiryango yatandukanye burundu binyuze mu nkiko ni 3322.

Dore zimwe mu mpinduka ziri muri uyu mushinga w’itegeko watangajwe n’Inteko Ishingamategeko y’u Rwanda:

Kumvikana mu ibanga uburyo icungamutungo rizakorwamo

Ubusanzwe abantu bajya gushyingirwa mu mategeko babaga bafite amahitamo atatu yo gucunga umutungo arimo ivangamutungo risesuye, ivangamutungo muhahano n’ivanguramutungo risesuye.

Abashaka gushyingirwa bashobora gukora amasezerano y’ubwumvikane imbere ya Noteri y’uko bazacunga umutungo wabo, bakanavugamo uruhare rwa buri wese mu guteza imbere urugo.

Iri tegeko rishya kandi riha umucamanza ububasha bwo gusuzuma ibijyanye no kugabana umutungo, no kuba yakwemeza kutagabana mu buryo bungana mu gihe ubutane bubaye mbere y’imyaka itanu.

Mu gihe habayeho gatanya abashakanye barasezeranye ivangamutungo rusange, bazajya bagabana 50% ari uko bamaranye byibuze imyaka itanu, bisabwe n’umwe mu bashyingiranwe.

 

Mu gihe upfushije uwo mwashakanye, mwarasezeranye ivangamutungo rusange, uzajya wemererwa kwegukana umutungo wose asize ariko ntuzemererwa kugurisha cg gutanga ibirenze 1/2.

 

Kurongora/rwa ku myaka 18

Imyaka yo gushyingirwa ni 21 ariko umuntu ugejeje byibuze imyaka 18 ashobora gusaba gushyingirwa akabyemererwa n’Umuyobozi ushinzwe irangamimerere mu Karere.

 

Imyaka y’ubukure igenwa n’itegeko mu Rwanda ni 18, ni yo umuntu yemerewe kuba yasinya amasezerano y’akazi, kuba yanywa inzoga cyangwa kuba yakora imibonano mpuzabitsina ariko itegeko ntirimwemererwa gushyingirwa kereka agize 21.

Uyu mushinga w’itegeko urashaka ko imyaka yo gushyingirwa iva kuri 21 ikajya kuri 18, umuntu ufite iyo myaka, igihe hari impamvu zumvikana, agasaba ku rwego rw’Akarere ko yemererwa gushyingirwa.

 

Kudafata ku ibendera ry’igihugu mu gihe cyo gusezerana

Uyu mushinga uraha kandi uburenganzira abari mu muhango wo gushyingirwa kudafata ku ibendera ry’igihugu.

 

Mu gihe abarimo gushyingirwa “umwe abwira mugenzi we ko azamukunda, akamubanira neza” gufata ku ibendera avuga ibi “ntibisobanuye ko umuntu azakomeza kubahiriza iyo ndahiro kuko tubona ubutane hatanashize umwaka”, nk’uko uwo mushinga w’itegeko ubivuga.

Bityo uyu mushinga urateganya ko ufata ku ibendera azajya aba ari umwanditsi w’irangamimerere gusa.

 

Gutandukanya abantu kuko badahuza

Mu Rwanda havugwa ubwiyongere bukomeye bwo gutana kw’abashakanye mu myaka ya vuba.

Zimwe mu mpamvu zemerwa n’inkiko zo gutandukanya abashakanye bisabwe n’umwe cyangwa ku bwumvikane bwa bombi harimo; ubusambanyi, guhoza ku nkeke, guhohoterwa n’uwo mwashakanye, guta urugo hagashira amezi 12 no kutabana hagashira imyaka ibiri.

Muri uyu mushinga leta iravuga ko byagaragaye ko “kudahuza kw’abashyingiranywe” ari indi mpamvu abasaba ubutane bakomeje kugeza ku nkiko kandi idateganywa n’itegeko, uyu mushinga ukaba wongeramo ibyo “nk’imwe mu mpamvu zo gusaba ubutane”

 

Inteko Ishingamategeko y’u Rwanda, aho ishyaka riri ku butegetsi rifite ubwiganze, yahise yemeza ishingiro ry’uwo mushinga yagejejweho na Minisitiri Uwamariya, nyuma y’aha uzagezwa muri Sena y’u Rwanda aho naho utitezweho kubangamirwa, mbere y’uko usinywaho na Perezida Paul Kagame ugahinduka itegeko.

Previous Post

Luxembourg, Belgium: Rwandan Pig Breeders Participate in Agricultural and Livestock Exhibition

Next Post

Award-Winning Rwandan Actress Umuhire Eliane Stars in an American Horror Film. Who Is Eliane?

Related Posts

Suède: Ibihugu 11 byifatanyije n’Ishyirahamwe ry’Abagore b’Abanyarwanda kwizihiza Umunsi w’Umugore
Ahabanza

Suède: Ibihugu 11 byifatanyije n’Ishyirahamwe ry’Abagore b’Abanyarwanda kwizihiza Umunsi w’Umugore

by Kagame FAHADI
March 11, 2025
TWUBAKE U RWANDA TWIFUZA: URUHARE RWA DIASPORA MU GUSHYIGIKIRA GAHUNDA YA NST2
Ahabanza

TWUBAKE U RWANDA TWIFUZA: URUHARE RWA DIASPORA MU GUSHYIGIKIRA GAHUNDA YA NST2

by Rebe N. Immaculee
September 24, 2024
TWIBUKIRANYE BIMWE MU BIKORWA BYA DIASPORA NYARWANDA BITAZIBAGIRANA MU MITWE Y’ABANTU
Ahabanza

TWIBUKIRANYE BIMWE MU BIKORWA BYA DIASPORA NYARWANDA BITAZIBAGIRANA MU MITWE Y’ABANTU

by Rebe N. Immaculee
September 20, 2024
Serugo Jacques na Gentil Misigaro mu ndirimbo yuzuye ubuhanga yitwa “ NTARUBANZA”
Ahabanza

Serugo Jacques na Gentil Misigaro mu ndirimbo yuzuye ubuhanga yitwa “ NTARUBANZA”

by Rebe N. Immaculee
September 29, 2024
Ubudage bwatangiye gushyira mu bikorwa igenzura ku mipaka yose y’ubutaka
Ahabanza

Ubudage bwatangiye gushyira mu bikorwa igenzura ku mipaka yose y’ubutaka

by Rebe N. Immaculee
September 17, 2024
Next Post
Award-Winning Rwandan Actress Umuhire Eliane Stars in an American Horror Film. Who Is Eliane?

Award-Winning Rwandan Actress Umuhire Eliane Stars in an American Horror Film. Who Is Eliane?

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Posts

Polonye habaye umuhango wo Kwibuka ku inshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi: Kwibuka ntabwo ari umunsi nk’indi ni umwanya ukomeye twibuka amateka yacu.

Polonye habaye umuhango wo Kwibuka ku inshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi: Kwibuka ntabwo ari umunsi nk’indi ni umwanya ukomeye twibuka amateka yacu.

May 9, 2023
Abanyarwanda baba mu mahanga bazatorera mu bihugu 70

Abanyarwanda baba mu mahanga bazatorera mu bihugu 70

August 6, 2024

VET4GREEN Unveils Imyuga-Powered Initiative to Salvage the Planet: A Pioneering Step in Green Energy Advocacy”

September 3, 2024

Browse by Category

  • About Religion
  • Ahabanza
  • Country News
  • Culture
  • ENG-S
  • Imyidagaduro
  • Innovation
  • Inovasiyo
  • Iyobokamana
  • KIN-S
  • Mu gihugu
  • News
  • Umuco
  • Video

© 2024 IWACU TIMES - Developed by Elite Devs.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In
No Result
View All Result
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Iyobokamana
  • Umuco
  • Imyidagaduro
  • Inovasiyo
  • Mu gihugu

© 2024 IWACU TIMES - Developed by Elite Devs.