ADVERTISEMENT
  • AHABANZA
  • Home
Saturday, June 14, 2025
  • Login
Iwacu Times Magazine
  • Home
  • News
  • About Religion
  • Entertainment & Culture
  • Innovation
  • Country News
  • Video
No Result
View All Result
  • Home
  • News
  • About Religion
  • Entertainment & Culture
  • Innovation
  • Country News
  • Video
No Result
View All Result
Iwacu Times Magazine
No Result
View All Result

I KIGALI HATANGIJWE IKIGO CY’UBUVUZI CYITA KU BANTU BAFITE INDWARA N’IBINDI BIBAZO BYO MU MUTWE, ‘’KIGALI REFERRAL MENTAL HEALTH CENTRE’’

Rebe N. Immaculee by Rebe N. Immaculee
August 6, 2024
0
14
VIEWS

Kuya 14 Nzeri 2023 ubwo bari bari mu nama na komite ishinzwe ibaruramari mu Nteko ishinga amategeko (PAC), nibwo umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’Ubuzima, Bwana Zachee Iyakaremye yatangaje gahunda yo gufungura ibitaro bishya bizajya bivurirwamo indwara zo mu mutwe, bizaba kandi bije kunganira serivisi zisanzwe zitangirwa mu bitaro bya Ndera – Neuropsychiatric.

Ibi yabivuze igihe yasubizaga ibibazo ku bitagenda neza muri serivisi z’ubuzima bwo mu mutwe zagaragajwe na raporo y’ubugenzuzi bw’imari ya Leta ya 2018-2022.

Iki kigo gishya cyita ku buzima bwo mu mutwe giherereye mu karere ka Gasabo, umurenge wa Kinyinya mu mujyi wa Kigali.

Nk’uko tubikesha umuyobozi w’ibi bitaro Dr Ndacyayisenga Dynamo ubwo yaganiraga na RBA, serivisi zizajya zitangirwa muri ibi bitaro ni serivisi zisumbuye ndetse zidasanzwe zitangirwa ahandi ku bitaro by’ututrere cyangwa ku ma centres  de sante.

Yagize kandi ati: “uretse n’izi serivisi zisumbuye, dufite kandi n’abaganga b’inzobere baba abavura indwara zo mu mutwe ndetse n’abandi bantu bita ku buzima bwo mu mutwe (psychologists) babizobereyemo kandi bafite ubushobozi.”

Dr Dynamo kandi yongeyeho ko icyiyongera kuri ibi byose ari ibikoresha bigezweho bafite muri laboratwari yabo bibafasha gusuzuma bakamenya indwara umuntu arwaye ndetse no kuyishakira igisubizo.

Yanavuze kandi ko mu minsi iri imbere, uko ubuvuzi ndetse n’ubushobozi bw’igihugu bugenda butera imbere, iki kigo nacyo kizarushaho kugira ubushobozi budasanzwe harimo nko gutangira gukoresha imiti imwe n’imwe idasanzwe ikoreshwa mu rwego rwo kurushaho kwita ku barwayi.

Imibare ya Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) igaragaraza ko umuntu umwe muri batanu mu bantu bakuru, hamwe n’umwe mu icumi mu bari munsi y’imyaka 18 aba afite ibibazo by’ubuzima bwo mu mutwe.

Igice kinini cy’ibibazo byo mu mutwe mu banyarwanda biterwa ahanini n’ingaruka za genoside yakorewe abatutsi, ndetse n’amakimbirane yo mu miryango.

Previous Post

PEREZIDA KAGAME YAGENEYE UBUTUMWA BUSOZA UMWAKA INGABO Z’IGIHUGU HAMWE N’IZINDI NZEGO Z’UMUTEKANO Z’U RWANDA

Next Post

“NUBWO DUTUYE MUMAHANGA , U RWANDA TWARARUZANYE” : IKIGANIRO NA BENITHA MUMPOREZE, UMWE MU RUBYIRUKO RW’U RWANDA RUTUYE MURI POLONYE

Related Posts

Suède: Ibihugu 11 byifatanyije n’Ishyirahamwe ry’Abagore b’Abanyarwanda kwizihiza Umunsi w’Umugore
Ahabanza

Suède: Ibihugu 11 byifatanyije n’Ishyirahamwe ry’Abagore b’Abanyarwanda kwizihiza Umunsi w’Umugore

by Kagame FAHADI
March 11, 2025
TWUBAKE U RWANDA TWIFUZA: URUHARE RWA DIASPORA MU GUSHYIGIKIRA GAHUNDA YA NST2
Ahabanza

TWUBAKE U RWANDA TWIFUZA: URUHARE RWA DIASPORA MU GUSHYIGIKIRA GAHUNDA YA NST2

by Rebe N. Immaculee
September 24, 2024
TWIBUKIRANYE BIMWE MU BIKORWA BYA DIASPORA NYARWANDA BITAZIBAGIRANA MU MITWE Y’ABANTU
Ahabanza

TWIBUKIRANYE BIMWE MU BIKORWA BYA DIASPORA NYARWANDA BITAZIBAGIRANA MU MITWE Y’ABANTU

by Rebe N. Immaculee
September 20, 2024
Serugo Jacques na Gentil Misigaro mu ndirimbo yuzuye ubuhanga yitwa “ NTARUBANZA”
Ahabanza

Serugo Jacques na Gentil Misigaro mu ndirimbo yuzuye ubuhanga yitwa “ NTARUBANZA”

by Rebe N. Immaculee
September 29, 2024
Ubudage bwatangiye gushyira mu bikorwa igenzura ku mipaka yose y’ubutaka
Ahabanza

Ubudage bwatangiye gushyira mu bikorwa igenzura ku mipaka yose y’ubutaka

by Rebe N. Immaculee
September 17, 2024
Next Post
“NUBWO DUTUYE MUMAHANGA , U RWANDA TWARARUZANYE” : IKIGANIRO NA BENITHA MUMPOREZE, UMWE MU RUBYIRUKO RW’U RWANDA RUTUYE MURI POLONYE

“NUBWO DUTUYE MUMAHANGA , U RWANDA TWARARUZANYE” : IKIGANIRO NA BENITHA MUMPOREZE, UMWE MU RUBYIRUKO RW’U RWANDA RUTUYE MURI POLONYE

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Posts

TWIBUKIRANYE BIMWE MU BIKORWA BYA DIASPORA NYARWANDA BITAZIBAGIRANA MU MITWE Y’ABANTU

TWIBUKIRANYE BIMWE MU BIKORWA BYA DIASPORA NYARWANDA BITAZIBAGIRANA MU MITWE Y’ABANTU

September 20, 2024
Ambasade y’u Rwanda muri Amerika yatangaje uko imyiteguro y’amatora ihagaze

Ambasade y’u Rwanda muri Amerika yatangaje uko imyiteguro y’amatora ihagaze

August 1, 2024
Polonye:Inkotanyi ni igitekerezo kidasaza.

Polonye:Inkotanyi ni igitekerezo kidasaza.

January 22, 2023

Browse by Category

  • About Religion
  • Ahabanza
  • Country News
  • Culture
  • ENG-S
  • Imyidagaduro
  • Innovation
  • Inovasiyo
  • Iyobokamana
  • KIN-S
  • Mu gihugu
  • News
  • Umuco
  • Video

© 2024 IWACU TIMES - Developed by Elite Devs.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In
No Result
View All Result
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Iyobokamana
  • Umuco
  • Imyidagaduro
  • Inovasiyo
  • Mu gihugu

© 2024 IWACU TIMES - Developed by Elite Devs.