ADVERTISEMENT
  • AHABANZA
  • Home
Saturday, June 14, 2025
  • Login
Iwacu Times Magazine
  • Home
  • News
  • About Religion
  • Entertainment & Culture
  • Innovation
  • Country News
  • Video
No Result
View All Result
  • Home
  • News
  • About Religion
  • Entertainment & Culture
  • Innovation
  • Country News
  • Video
No Result
View All Result
Iwacu Times Magazine
No Result
View All Result

TWIBUKIRANYE BIMWE MU BIKORWA BYA DIASPORA NYARWANDA BITAZIBAGIRANA MU MITWE Y’ABANTU

Rebe N. Immaculee by Rebe N. Immaculee
September 20, 2024
0
94
VIEWS

Abanyarwanda baba mu mahanga burya bagira uruhare runini mu iterambere ry’igihugu, cyane cyane abakoresha ubumenyi bungukiye mu mahanga ndetse n’ubushobozi bwabo mu gutanga umusanzu mu bikorwa byo guteza imbere imibereho myiza y’abaturage ndetse n’ubukungu bw’igihugu muri rusange.

Binyuze mu intego za  Iwacu Times, zirimo kuvuga ku bikorwa by’Abanyarwanda batuye mu mahanga, tuzagenda twibukiranya ibikorwa bimwe na bimwe bibera mu gihugu byagiye bigirwamo uruhare rukomeye n’Abanyarwanda baba mu mahanga, byaba umuntu ku giti cye cyangwa se binyuze mu gukorera hamwe

Imbaraga za Diaspora mu Gushyigikira u Rwanda

Ku bufatanye na za Ambasade z’u Rwanda ku isi hose, kominote z’Abanyarwanda baba mu mahanga,hagenda hategurwa ibikorwa bitandukanye, harimo inama, ibirori bishingiye k’umuco, ibiganiro, amamurikagurisha y’ubucuruzi ndetse n’ibindi. Ibi bikorwa ahanini biba bigamije  gukomeza kwibukiranya indagagaciro z’umuco nyarwanda zigomba kuranga Umunyarwanda aho ari hose.

Ibi bikorwa kandi biba bigamije kurwanya ingengabitekerezo ya jenoside, guhuza ibikorwa bya diaspora n’iterambere ry’u Rwanda ndetse no gushishikariza diaspora kugira uruhare mu iterambere ry’ubukungu n’imibereho y’u Rwanda.

Bimwe mu bikorwa bitazibagirana mu mitwe y’abantu byakozwe na DIASPORA nyarwanda

1.The One Dollar Campaign

Mu 2008, Abanyarwanda batuye mu mahanga batangije igikorwa cyiswe “One Dollar Campaign”. Ni  igikorwa cy’ubugiraneza cyari kigamije gukusanya inkunga yo gufasha abacitse ku icumu rya jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 kubona amacumbi. Abantu barenga 20,000 bo muri diaspora batanzemo idorari rimwe buri muntu, kandi byafashije kubaka inzu zacumbikiye imfubyi 192 za jenoside mu karere ka Gasabo, Kigali.

  1. No Rwandan Left Behind

Mu 2016, nabwo aba banyarwanda batangije indi gahunda yo gufasha abatishoboye mu Rwanda. Iyi gahunda yari ifite intego eshatu arizo; Gutanga inka 100 ku miryango ikennye, gutanga amatungo magufi 100 ndetse no kwishyurira abantu 10,000 ubwisungane mu kwivuza. Iyi gahunda yageragezaga gufasha abantu 100,000 kuva mu bukene mbere ya 2020, ikoresheje ibikorwa byose by’ubugiraneza bya diaspora.

  1. Human and Social Capital

Diaspora ifitiye igihugu akamaro gakomeye kubera ubumenyi n’ubushobozi abanyamuryango bayo baba baragiye bungukira mu mahanga atandukanye. Aba banyarwanda bagiye bafite ubuhanga mu nzego zitandukanye; mu buzima, mu burezi, mu ikoranabuhanga ndetse n’izindi nyinshi. Ubushobozi bwabo hamwe n’imiryango bafite bishobora kugira uruhare rukomeye mu iterambere ry’u Rwanda muri rusange.

Diaspora y’u Rwanda yagiye yerekana umuhate ukomeye wo gushyigikira igihugu cyabo binyuze mu bikorwa byinshi bitandukanye bigamije guteza imbere Abanyarwanda bari mu gihugu. Gahunda ya Iwacu Times izakomeza kugaruka kuri ibi bikorwa bigaragaza uruhare rukomeye rw’Abanyarwanda baba mu mahanga

Previous Post

Rwandans living abroad are making great achievements:Lisa Umutoni Honored with Young Civil Engineer Award

Next Post

The Role of Rwandan Diaspora Media: Strengthening Rwanda’s Image and Fighting Misinformation Abroad

Related Posts

Suède: Ibihugu 11 byifatanyije n’Ishyirahamwe ry’Abagore b’Abanyarwanda kwizihiza Umunsi w’Umugore
Ahabanza

Suède: Ibihugu 11 byifatanyije n’Ishyirahamwe ry’Abagore b’Abanyarwanda kwizihiza Umunsi w’Umugore

by Kagame FAHADI
March 11, 2025
ENG-S

Rwandan Diaspora Embraces New Banking Opportunities with Equity Bank

by Rebe N. Immaculee
October 9, 2024
TWUBAKE U RWANDA TWIFUZA: URUHARE RWA DIASPORA MU GUSHYIGIKIRA GAHUNDA YA NST2
Ahabanza

TWUBAKE U RWANDA TWIFUZA: URUHARE RWA DIASPORA MU GUSHYIGIKIRA GAHUNDA YA NST2

by Rebe N. Immaculee
September 24, 2024
Serugo Jacques na Gentil Misigaro mu ndirimbo yuzuye ubuhanga yitwa “ NTARUBANZA”
Ahabanza

Serugo Jacques na Gentil Misigaro mu ndirimbo yuzuye ubuhanga yitwa “ NTARUBANZA”

by Rebe N. Immaculee
September 29, 2024
Ubudage bwatangiye gushyira mu bikorwa igenzura ku mipaka yose y’ubutaka
Ahabanza

Ubudage bwatangiye gushyira mu bikorwa igenzura ku mipaka yose y’ubutaka

by Rebe N. Immaculee
September 17, 2024
Next Post
The Role of Rwandan Diaspora Media: Strengthening Rwanda’s Image and Fighting Misinformation Abroad

The Role of Rwandan Diaspora Media: Strengthening Rwanda's Image and Fighting Misinformation Abroad

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Posts

Serugo Jacques na Gentil Misigaro mu ndirimbo yuzuye ubuhanga yitwa “ NTARUBANZA”

Serugo Jacques na Gentil Misigaro mu ndirimbo yuzuye ubuhanga yitwa “ NTARUBANZA”

September 29, 2024
KWIBUKA30: Morocco, Rwandans and Friends Commemorate 30th Anniversary of the Genocide Against the Tutsi

KWIBUKA30: Morocco, Rwandans and Friends Commemorate 30th Anniversary of the Genocide Against the Tutsi

April 8, 2024
Abanyarwanda batuye Lublin ni isomo kuri twese: Polonye abanyarwanda batuye mumujyi wa Lublin bafite umwihariko.

Abanyarwanda batuye Lublin ni isomo kuri twese: Polonye abanyarwanda batuye mumujyi wa Lublin bafite umwihariko.

November 26, 2022

Browse by Category

  • About Religion
  • Ahabanza
  • Country News
  • Culture
  • ENG-S
  • Imyidagaduro
  • Innovation
  • Inovasiyo
  • Iyobokamana
  • KIN-S
  • Mu gihugu
  • News
  • Umuco
  • Video

© 2024 IWACU TIMES - Developed by Elite Devs.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In
No Result
View All Result
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Iyobokamana
  • Umuco
  • Imyidagaduro
  • Inovasiyo
  • Mu gihugu

© 2024 IWACU TIMES - Developed by Elite Devs.