ADVERTISEMENT
  • AHABANZA
  • Home
Sunday, June 15, 2025
  • Login
Iwacu Times Magazine
  • Home
  • News
  • About Religion
  • Entertainment & Culture
  • Innovation
  • Country News
  • Video
No Result
View All Result
  • Home
  • News
  • About Religion
  • Entertainment & Culture
  • Innovation
  • Country News
  • Video
No Result
View All Result
Iwacu Times Magazine
No Result
View All Result

Uko abanyarwanda badafite ibyangombwa muri Suede bakiriye imyanzuro mishya ireba abimukira

Rebe N. Immaculee by Rebe N. Immaculee
September 15, 2024
0
665
VIEWS

Suède,ni igihugu cyari kizwiho kwakira impunzi neza, ubu kigiye gutanga amafaranga menshi ku bantu bemera gutaha mu bihugu byabo. Leta irateganya kongera iyi nkunga inshuro 35, ikava kuri $978 igera kuri $34,000 ku muntu umwe. Iyi mpinduka igaragaza politiki ikarishye ku bijyanye n’abimukira, kuko Suède yifatanya n’ibindi bihugu by’i Burayi bigenda bikaza umutekano ku mipaka yabyo.

Ku wa Kane, guverinoma y’ishyaka riri k’ubutegetsi muri Suède yatangaje ko iyi nkunga nshya, izatangira gukoreshwa mu mwaka wa 2026. Gutanga iyi nkunga bizarushaho koroshya gutuma impunzi nyinshi zizayisaba. Imiryango, yari isanzwe ifite ingano ntarengwa ya $3,717.

Iwacu Times yavuganye n’Abanyarwanda batuye muri Suède batarabona ibyangombwa bibemerera kuba mu gihugu byemewe n’amategeko. Umugore w’imyaka 32 utarashatse ko izina rye ritangazwa yagize ati: “Simfite impungenge zo koherezwa mu gihugu kuko ntari impunzi ya politiki, ariko mfite ubwoba bwo gutangira ubuzima bushya.”

Undi w’Umunyarwanda yavuze ko aramutse ahawe aya mafaranga yayakoresha mu gutangiza umushinga w’ubucuruzi mu Rwanda.

Iyi mpinduka ikomeye kuri Suède, igihugu cyari cyarabaye indiri ku bantu bahunga intambara mu bihugu nka Siriya na Afuganisitani. Suède ifite abaturage miliyoni 10.6, yari ifite impunzi zirenga 250,000 muri 2023. Ariko umwaka ushize, umuntu umwe gusa niwe wemeye iyo nkunga, inzobere ntizirashidikanya ko kongera ayo amafaranga bizakurura benshi.

Abanenga iyi politiki bavuga ko itanga ubutumwa bugaragaza ko impunzi zitifuzwa muri Suède. Martin Nyman, umujyanama mu by’amategeko mu muryango uharanira uburenganzira bwa muntu Civil Rights Defenders, yagize ati: “Ubutumwa bwa guverinoma ni uko abimukira batagomba kuza muri Suède.”

Abahanga bemeza ko amafaranga yatanzwe kuri gahunda yo gutaha yakabaye akoreshwa mu gufasha impunzi kwinjira neza mu mibereho ya Suède, binyuze mu masomo y’indimi, ubufasha bwo kubona akazi, n’amahugurwa yabafasha kubaka ubuzima bwiza muri Suède.

Iyi nkuru yamenyekanye hashize iminsi ibiri gusa leta ishyizeho abaminisitiri bashya, aho Johan Forssell, umwe mu bagize ishyaka Moderate Party, yagizwe Minisitiri w’abimukira. Yari azwiho kugabanya ingengo y’imari yagenerwaga inkunga mpuzamahanga ubwo yari Minisitiri w’iterambere mpuzamahanga n’ubucuruzi.

Previous Post

A Rwandan Diaspora Returns Home to Build a Legacy in Football and Community Development

Next Post

Abanyarwanda bitwaye gute muri ibi bihe bidasanzwe b’umwuzure muri Polonye

Related Posts

Suède: Ibihugu 11 byifatanyije n’Ishyirahamwe ry’Abagore b’Abanyarwanda kwizihiza Umunsi w’Umugore
Ahabanza

Suède: Ibihugu 11 byifatanyije n’Ishyirahamwe ry’Abagore b’Abanyarwanda kwizihiza Umunsi w’Umugore

by Kagame FAHADI
March 11, 2025
ENG-S

Rwandan Diaspora Embraces New Banking Opportunities with Equity Bank

by Rebe N. Immaculee
October 9, 2024
TWUBAKE U RWANDA TWIFUZA: URUHARE RWA DIASPORA MU GUSHYIGIKIRA GAHUNDA YA NST2
Ahabanza

TWUBAKE U RWANDA TWIFUZA: URUHARE RWA DIASPORA MU GUSHYIGIKIRA GAHUNDA YA NST2

by Rebe N. Immaculee
September 24, 2024
TWIBUKIRANYE BIMWE MU BIKORWA BYA DIASPORA NYARWANDA BITAZIBAGIRANA MU MITWE Y’ABANTU
Ahabanza

TWIBUKIRANYE BIMWE MU BIKORWA BYA DIASPORA NYARWANDA BITAZIBAGIRANA MU MITWE Y’ABANTU

by Rebe N. Immaculee
September 20, 2024
Serugo Jacques na Gentil Misigaro mu ndirimbo yuzuye ubuhanga yitwa “ NTARUBANZA”
Ahabanza

Serugo Jacques na Gentil Misigaro mu ndirimbo yuzuye ubuhanga yitwa “ NTARUBANZA”

by Rebe N. Immaculee
September 29, 2024
Next Post
Abanyarwanda bitwaye gute muri ibi bihe bidasanzwe b’umwuzure muri Polonye

Abanyarwanda bitwaye gute muri ibi bihe bidasanzwe b'umwuzure muri Polonye

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Posts

Polonye:Inkotanyi ni igitekerezo kidasaza.

Polonye:Inkotanyi ni igitekerezo kidasaza.

January 22, 2023
Kwibuka30: Ambasade y’u Rwanda muri Polonye yateguye igikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda muri Mata 1994

Kwibuka30: The Rwandan Embassy in Poland Prepares for the 30th Commemoration of the 1994 Genocide Against the Tutsi in Rwanda

August 1, 2024
The Role of Rwandan Diaspora Media: Strengthening Rwanda’s Image and Fighting Misinformation Abroad

The Role of Rwandan Diaspora Media: Strengthening Rwanda’s Image and Fighting Misinformation Abroad

September 24, 2024

Browse by Category

  • About Religion
  • Ahabanza
  • Country News
  • Culture
  • ENG-S
  • Imyidagaduro
  • Innovation
  • Inovasiyo
  • Iyobokamana
  • KIN-S
  • Mu gihugu
  • News
  • Umuco
  • Video

© 2024 IWACU TIMES - Developed by Elite Devs.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In
No Result
View All Result
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Iyobokamana
  • Umuco
  • Imyidagaduro
  • Inovasiyo
  • Mu gihugu

© 2024 IWACU TIMES - Developed by Elite Devs.