• Ahabanza
  • Amakuru
  • Iyobokamana
  • Umuco
  • Imyidagaduro
  • Inovasiyo
  • Mu gihugu
  • English
Iwacu Times Magazine
Jumapili, Agosti 3, 2025
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Iyobokamana
  • Umuco
  • Imyidagaduro
  • Inovasiyo
  • Mu gihugu
No Result
View All Result
Iwacu Times Magazine
sw Kinyarwanda en English
Home Ahabanza

KWIBOHORA30: Abanyarwanda baba muri Mozambique bizihije umunsi wo Kwibohora, bashima ubutwari bw’Inkotanyi

Kagame FAHADI by Kagame FAHADI
Julai 29, 2024
in Ahabanza, Umuco
0
KWIBOHORA30: Abanyarwanda baba muri Mozambique bizihije umunsi wo Kwibohora, bashima ubutwari bw’Inkotanyi
0
SHARES
8
VIEWS

 

Abanyarwanda baba muri Mozambique n’inshuti z’u Rwanda bizihije imyaka 30 ishize u Rwanda rubohowe, bashima ubutwari bwaranze Inkotanyi zahagaritse Jenoside yakorewe Abatutsi zikabasha kubaka igihugu cyari cyarasenyutse.

Ibi birori byabaye ku wa 5 Nyakanga 2024. Byitabiriwe n’abahagarariye ibihugu n’imiryango mpunzamahanga ndetse n’Abanyarwanda baba muri Mozambique barenga 250.
Minisitiri wungirije muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane mpuzamahanga muri Mozambique, Manuel José Gonçalves, yavuze ko ibihe byaranze u Rwanda mbere yo kwibohora byari bikomeye ku buzima bw’ikiremwamuntu, mu buryo butazibagirana.

 

Ati “Ubu u Rwanda ni urwibutso n’ikimenyetso cyo gukiza no kubungabunga ubuzima bw’ikiremwamuntu ku Isi, bikaba bigaragazwa n’ubwitabire bwinshi bw’abahagarariye imiryango n’ibihugu byabo muri uyu muhango”.
Uwo muyobozi kandi yavuze ku mateka y’imibanire y’u Rwanda na Mozambique, anashimira uburyo u Rwanda rurimo gufatanya n’Ingabo z’icyo Gihugu guhashya umutwe w’ibyihebe mu Ntara ya Cabo Delgado.
Ambasaderi w’u Rwanda muri Mozambique, Donat Ndamage, yavuze ku rugendo n’agaciro ko kwibohora ndetse n’ibyo u Rwanda rumaze kugeraho mu mibereho, ubukungu ndetse na Politiki.
Yashimiye Ubuyobozi bwiza burangajwe imbere na Perezida Paul Kagame, n’Abanyarwanda baharaniye bakitangira kubohora u Rwanda.

Yagaragaje kandi ko u Rwanda rutekanye ndetse rukaba rugira n’uruhare mu kubungabunga umutekano no kugarura amahoro mu bindi bihugu birimo Mozambique na Centrafrique.
Yashimiye urugero rw’imibanire myiza u Rwanda na Mozambique bigezeho.
Ibirori byaranzwe n’imbyino z’Itorero Ikirezi ry’Urubyiruko rw’u Rwanda, ndetse n’irya Mozambique ‘Associação cultural Bonga Mbilo’, herekanywe kandi n’amashusho agaragaza amateka n’urugamba rwo kwibohora.

 

Previous Post

Ethiopia: Abanyarwanda bizihije Umunsi wo Kwibohora ku nshuro ya 30

Next Post

Morocco: Abanyarwanda bazatora bwa mbere barahamagarira bagenzi babo kwitabira amatora

Next Post

Morocco: Abanyarwanda bazatora bwa mbere barahamagarira bagenzi babo kwitabira amatora

Toa Jibu Ghairi kujibu

Barua-pepe haitachapishwa. Fildi za lazima zimetiwa alama ya *

Browse by Category

  • Ahabanza
  • ENG-S
  • Imyidagaduro
  • Inovasiyo
  • Iyobokamana
  • KIN-S
  • Mu gihugu
  • Umuco
  • Video
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Iyobokamana
  • Umuco
  • Imyidagaduro
  • Inovasiyo
  • Mu gihugu

© 2025 JNews - Premium WordPress news & magazine theme by Jegtheme.

No Result
View All Result
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Iyobokamana
  • Umuco
  • Imyidagaduro
  • Inovasiyo
  • Mu gihugu

© 2025 JNews - Premium WordPress news & magazine theme by Jegtheme.