ADVERTISEMENT
  • AHABANZA
  • Home
Monday, May 19, 2025
  • Login
Iwacu Times Magazine
  • Home
  • News
  • About Religion
  • Entertainment & Culture
  • Innovation
  • Country News
  • Video
No Result
View All Result
  • Home
  • News
  • About Religion
  • Entertainment & Culture
  • Innovation
  • Country News
  • Video
No Result
View All Result
Iwacu Times Magazine
No Result
View All Result

UMUSHYIKIRANO2024: NUTINYA GUFATA UMWANZURO WO GUKORA IBYO USHINZWE NGO URATINYA GUKORA AMAKOSA IYO SI IMPAMVU.

Uwagaba Joseph Caleb by Uwagaba Joseph Caleb
January 24, 2024
0
3
VIEWS

Umunsi wa kabiri waranzwe n’ibiganiro byibanze ku mibereho myiza y’abaturage mu ijambo risoza iyi nama, Perezida Paul Kagame yavuze ko abayobozi bafite ubushobozi bwo gukosora ibitagenda neza kuko bidasaba amikoro menshi.

Ati “Niba systeme kugira ngo ikore neza bigomba guhana amakuru, kuganira, kumva ikibazo kimwe no gushaka ibisubizo, impamvu binanira abantu kugira ngo bumvikane, ni iki? Kenshi usanga abantu ntibavugana, kandi buri wese, nta minisiteri imwe ishobora gukemura ikibaza umuyobozi aho ari hose ntashobora gukemura ikibazo wenyine, ntibibaho ntibishoboka.”

Abantu badafata ibyemezo, abenshi njya numva babivuga bavuga ibintu by’ubwoba bwo gufata icyemezo cyangwa se ubwoba bwo gukora amakosa iri jambo ry’ubwoba ndifiteho ikibazo. Aba bantu bakora ibi mu by’ukuri ntacyo batinya, ntabwo bishobora kuba ari ubwoba, nihagira ubibona gutyo ni urwitwazo.” “Kuki mudatinya ingaruka zo gukora ubusa? Kuki icyo mutagitinya? Mutinya gufata imyanzuro kuko mutinya gukora amakosa…niba ari uko hazaba ingaruka zikomeye, ukwiriye gutinya ingaruka zo kuba ntacyo wakoze.”

“Ibyo baranabizi, aba bantu benshi tuvuga ntabwo ari abantu usanga ari abo ku muhanda batazi icyo bakora, ni abo twirwa turihirira amafaranga bafite za PhD, za doctorat…ibyo wiga iby’iki?” “Ibyo bintu munabyivanemo, munabivane mu magambo yanyu muvuga, iyo mwaba mwagira ubwoba, ntabwo wakora ku buryo igihugu gitakaza. Ukwiriye gutinya ko igihugu gitakaza. Ni imikorere mibi gusa, ni ugukora nabi bikwiriye guhagarara ntibigire impamvu.”

Kandi habaye ikiganiro kigaruka ku ruhare rw’urubyiruko mu kugena ahazaza h’u Rwanda.cyatanzwe na Minisitiri w’ Urubyiruko, Dr. Abdallah Utumatwishima. Yabajijwe niba yarigeze arota kuzaba Minisitiri. Mu gusubiza, yagize ati “ Abantu bose bageze ku myaka 40, baba bakubeshye bakubwiye ko bigeze bagira inzozi zo kuzaba ba minisitiri ikintu cyonyine washobora kugira inzozi zo kurota, ni ukuba warota ugasanga ntimwahunze, icya kabiri mukaba mwabona icyo kurya. Ibijyanye no kwiga, umuntu ntiyashoboraga gutekereza kuziga amashuri makuru.” Minisitiri w’Urubyiruko yavuze ko mu myaka 30 yize amasomo menshi ariko irya mbere ari ukwiyoroshya. Yavuze ko ngo hambere, mu Rwanda buri wa gatatu nyuma ya Saa Sita, habaga imyitozo yo kujya gusingiza uwari Perezida na Mama we.

Ikindi Kiganiro kandi cyatanzwe na Dr Bizimana yagarutse ku musanzu w’Inkiko Gacaca, avuga ko zakoze akazi gakomeye kandi zigatwara amafaranga make. Yasobanuye ko urubanza rumwe, rwatwaraga nibura 50$ y’icyo gihe, bingana n’amafaranga 19500 Frw y’icyo gihe. Ni mu gihe mu Rukiko rwa Arusha, umuburanyi umwe yatangwagaho hafi miliyari 2 Frw y’icyo gihe kandi urwo rukiko rusoza imirimo ruburanishije imanza 75 zonyine.

Jimmy Mulisa wakiniye ikipe y’igihugu amavubi: ahawe umwanya winjambo ati twifuza ko twagarura competion zigahera mumashuri mato kandi byafasha kurera abana bacu neza anaboneraho gusaba President kugaruka ku kibuga agashyigikira ikipe.
Jimmy Mulisa wakiniye Amavubi imyaka myinshi, yatanze igitekerezo avuga ko kera abana bakinaga umupira ku mashuri, ariko ayo marushanwa yarazimiye. Yavuze ko kuba ayo marushanwa atagihari, abatoza bagorwa, asaba ko yagarurwa ku buryo abana bakina bakazamura impano zabo. Yongeye gusaba umukuru w’igihugu ko nk’uko yabikoraga mu minsi yashize, yazongera gusubira kuri stade, ati “ Kera wazaga kudufana, tugiye kujya no muri stade nziza, turagusaba ko wakonghera ukagaruka.”

Ku kibazo kijyanye n’amarushanwa muri Siporo, Perezida Kagame yasabye ko abashinzwe siporo bakwiriye kubirebaho ku buryo bakora icyatuma siporo itera imbere. Ati “N’ubundi nibyo bashinzwe.” Ku busabe bwo kuba yasubira ku kibuga ati “Ndabyumva ibyo bansaba ariko nanjye mfite ibyo mbasab icyatumye kenshi ngabanya kujyayo ni bo byaturutseho.” Yavuze ko atajya mu bintu birimo ruswa n’amarozi, ko ari nayo mpamvu yahagaritse kujya ku kibuga. Ati “Ibintu nka biriya ntabwo bari bakwiriye kuba babyihanganira”.

Previous Post

DAY 1, UMUSHYIKIRANO 2024: PRESIDENT KAGAME’S ADDRESS, KEYNOTES

Next Post

DAY 2: UMUSHYIKIRANO 2024: “We need to stop the culture of procrastination”,

Related Posts

Umugoroba wo Kwibuka “Night Vigil” Held in Warsaw
Culture

Umugoroba wo Kwibuka “Night Vigil” Held in Warsaw

by Rebe N. Immaculee
May 15, 2025
Two Rwandans Graduate from Royal Military Academy Sandhurst in the UK
ENG-S

Two Rwandans Graduate from Royal Military Academy Sandhurst in the UK

by Rebe N. Immaculee
April 18, 2025
Country News

Ambassador Shyaka at Kwibuka31: Honoring the Past, Defending Rwanda’s Right to Shape Its Future

by KURAMA Pius
April 9, 2025
Rwanda Community in Sweden to Celebrate International Women’s Day in Stockholm
Culture

Rwanda Community in Sweden to Celebrate International Women’s Day in Stockholm

by Rebe N. Immaculee
March 7, 2025
Heartbreak and Unity: Rwandan Diaspora Unites to Seek Justice After the Tragic Deaths of Nicole and Erixon
ENG-S

Heartbreak and Unity: Rwandan Diaspora Unites to Seek Justice After the Tragic Deaths of Nicole and Erixon

by Rebe N. Immaculee
November 15, 2024
Next Post
UMUSHYIKIRANO2024: NUTINYA GUFATA UMWANZURO WO GUKORA IBYO USHINZWE NGO URATINYA GUKORA AMAKOSA IYO SI IMPAMVU.

DAY 2: UMUSHYIKIRANO 2024: “We need to stop the culture of procrastination”,

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Posts

Polonye: Abanyarwanda n’inshuti barahurira mu gikorwa cyo kwizihiza Noherli n’umwaka mushya

Polonye: Abanyarwanda n’inshuti barahurira mu gikorwa cyo kwizihiza Noherli n’umwaka mushya

December 16, 2022
A Haven for Asylum Seekers: Rwanda Welcomes 19th Group of 120 Refugees from Libya

A Haven for Asylum Seekers: Rwanda Welcomes 19th Group of 120 Refugees from Libya

September 27, 2024
Suède: Ibihugu 11 byifatanyije n’Ishyirahamwe ry’Abagore b’Abanyarwanda kwizihiza Umunsi w’Umugore

Suède: Ibihugu 11 byifatanyije n’Ishyirahamwe ry’Abagore b’Abanyarwanda kwizihiza Umunsi w’Umugore

March 11, 2025

Browse by Category

  • About Religion
  • Ahabanza
  • Country News
  • Culture
  • ENG-S
  • Imyidagaduro
  • Innovation
  • Inovasiyo
  • Iyobokamana
  • KIN-S
  • Mu gihugu
  • News
  • Umuco
  • Video

© 2024 IWACU TIMES - Developed by Elite Devs.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In
No Result
View All Result
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Iyobokamana
  • Umuco
  • Imyidagaduro
  • Inovasiyo
  • Mu gihugu

© 2024 IWACU TIMES - Developed by Elite Devs.